Adam Ahmat Mustapha, ukina mu Rwanda yahamagawe mu ikipe y’igihugu ya Tchad

Adam Ahmat Mustapha, usanzwe akinira ikipe ya City Boys ibarizwa mu cyiciro cya kabiri hano mu Rwanda yahamagawe mu ikipe y’igihugu ya Tchad iri kwitegura ikipe y’igihugu ya Kenya , mu mikino ibiri ya gicuti izabahuza. Umwaka ushize ikipe ya City Boys yabaye iya munani n’amanota 29, inagera muri ⅛ cy’irangiza cy’igikombe cy’amahoro ikurwamo na Gorilla FC.

Uyu mukinnyi abaye uwa kabiri uhamagawe mu ikipe y’igihugu ariko akaba akina mu cyiciro cya kabiri , ni nyuma ya Ndahinduka Micheal wahamagawe mu ikipe y’igihugu y’ u Rwanda, Amavubi mu mwaka wa 2013 ubwo yakiniraga Bugesera FC kuri ubu ikiri mu cyiciro cya mbere

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *