AMAFOTO: Umufana ukomeye w’ikipe ya APR FC, uzwi nka Rujugiro, yasezeranye imbere y’amategeko na Uwimana Donavine. ‎

Ni umuhango wabaye kuri uyu wa kane tariki ya 19 Kamena 2025 ubera mu Murenge wa Gitega mu karere ka Nyarugenge.

‎‎Aba bombi basezeranye imbere y’amategeko nyuma y’uko tariki 03 Gicurasi aribwo Munyaneza Jacques Rujugiro yatereye ivi anambika impeta umukunzi we Uwimana Donavine bemeranyije kuzabana ubuziraherezo.

‎Ibi byari byahurijwe hamwe n’isabukuru ye  y’imyaka 30 y’amavuko amaze ku isi.

‎‎

Gicurasi 2025 nibwo Rujugiro yambitse impeta y’urudasaza umukunzi we Donavine

Rujugiro na Donavine Uwimana bamaze imyaka itandatu bakundana, aho bagiye bagaragara kenshi bari kumwe ku bibuga by’umupira w’amaguru.

‎Aba bombi bamenyaniye mu mashuri abanza muri Sainte Famille aho bombi bigaga.

‎Rujugiro na Dovine Uwimana backyard ubukwe mu kwezi kwa 8.

Amafoto

Sarpong incuti y’akadasohoka ya Rujugiro yari yabaherekeje

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *