Trump: Utazimenyekanisha ku bushake azahura n’isanganya rikomeye ry’ibihano mu buryo bwose

Perezida wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump yatangaje ko hashyizweho uburyo bworohereza abimukira binjiye muri iki gihugu mu buryo butemewe n’amategeko kwimenyekanisha ku bushake kugira ngo basubizwe mu bihugu byabo.

Yagize ati, ”Nasinye umushinga w’itegeko ryo gutangiza ku mugaragaro ibikorwa byo kohereza abantu bari muri USA mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu bihugu byabo, Turi kugerageza kubyoroshya uko bishoboka kose kuri abo bantu ariko rwose bigaragaze bave muri USA.”

Trump yakomeje asaba abantu bose bari muri USA mu buryo butemewe kwigaragaza

Ati, “umuntu uwo ari we wese uri hano mu buryo butemewe yigaragaze ajye ku kibuga cy’indege bamuhe itike y’ubuntu asohoke mu gihigu cyacu. Twashyizeho imirongo ya telephone y’ubuntu mwahamagara bakabaha tike z’ubuntu zizabajyana mu bindi bihugu.”

Trump kandi yongeye kwikoma mugenzi we yasimbuye, Perezida Biden kuba yaratanze VISA ku bimukira ndetse anagaragaza amadolari USA izazigama niramuka yirukanye abo bantu.

Yavuze kandi ko abazafata icyemezo cyo kuguma muri USA bazahura n’isanganya rikomeye ry’ibihano byaba iby’ubukungu, amategeko ndetse no gufungwa cyangwa kwimurirwa ahandi hantu batakishimira

Ati, “Ndababuriye mwese. muteganye ingendo, musabe amatike nonaha, ntitubashaka muri USA, icyakora niba muri beza tuzabafasha kugaruka.”

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *